Skip to main content Skip to page footer
Urubuga rwemewe rwa Leta y’u Rwanda

Imirimo rusange

Ubuyobozi bwi'Ishami rishinzwe Imirimo rusange buhuza kandi bugacunga imirimo ijyanye no gutegura raporo z’imari, itangwa ry’amasoko , imicungire y’abakozi, imitungo ya Minisiteri ndetse n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga mu itumanaho  muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Ubuyobozi bw'Ishami rishinzwe Imirimo rusange bushinzwe gukora isesengura ku bibazo n’ibikorwa bikomeye bijyanye n’imicungire y’umutungo bireba Minisiteri, gutegura raporo, amabaruwa ndetse n’inyandiko zishyikirizwa ubuyobozi bukuru.

Inshingano zabwo z’ingenzi zirimo:

  • Gutanga amakuru n’ubufasha bukenewe mu gutegura raporo z’imari n’ingengo y’imari;
  • Kuyobora, gucunga no kongerera ubushobozi abakozi b’ubuyobozi kugira ngo ibikorwa bya Minisiteri bigende neza ndetse hatangwe amakuru y’ukuri kandi ku gihe;
  • Gukora ubugenzuzi n’isuzuma hagamijwe kumenya no kugabanya ingaruka zishobora guterwa n’imicungire mibi muri Minisiteri;
  • Kuba umwe mu bagize itsinda nyobozi rishinzwe gukurikirana ko amafaranga ava mu mishinga akoreshwa neza kandi mu buryo buboneye;
  • Gutanga inama ku buyobozi bukuru ku bibazo by’imiyoborere n’imicungire y’abakozi, igenamigambi ry’imari ndetse n’imicungire y’imitungo;
  • Guteza imbere itumanaho n’amahugurwa ku bakozi ba serivisi, no gukorana n’abashinzwe gucunga iyubahirizwa ry’amabwiriza n’amategeko;
  • Gukurikirana ko abakozi bubahiriza politiki n’amabwiriza bya Minisiteri mu mikorere ya buri munsi, harimo n’amategeko agenga umurimo n’imishahara;
  • Guhuza intego z’amashami n’intego rusange za Minisiteri no gufasha amatsinda guteza imbere ubufatanye n’indi mishinga mishya;
  • Kugenzura no kuyobora abakozi bunganira abandi, harimo kubategurira no kubakurikirana mu mahugurwa no mu iterambere ryabo;
  • Gukurikirana imikoreshereze y’ingengo y’imari, harimo igenzura ry’amafaranga akoreshwa, umubare w’abakozi , amafaranga y’ingendo n’andi mafaranga akoreshwa, hubahirizwa politiki za Minisiteri;
  • Kugenzura imikorere myiza y’itangwa ry’amasoko y’ibikoresho, serivisi n’imirimo bya Minisiteri, hubahirizwa amabwiriza n’amategeko agenga amasoko ya Leta;
  • Gutegura gahunda y’umwaka y’itangwa ry’amasoko ya Minisiteri no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo ku gihe kandi neza;
  • Guhuza ibisabwa byose bijyanye no gutanga raporo, haba imbere muri Minisiteri no hanze yayo;
  • Gucunga imari ya Minisiteri hubahirizwa ihame ry’ubukungu, imikorere myiza n’umusaruro unoze;
  • Gutegura raporo z’imari za Minisiteri hakurikijwe ibisabwa n’Itegeko Ngenga rigenga imari ya Leta;
  • Gukurikirana imicungire inoze y’abakozi, ibikoresho n’umutungo wa Minisiteri;
  • Guhuza itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba z’ikoranabuhanga mu rwego rwo kongera imikorere myiza ya Minisiteri;
  • Gucunga no gufasha imikorere ya sisitemu n’amaporogaramu by’ikoranabuhanga no kurinda umutekano wabyo;
  • Gutegura no guhuza gahunda y’umwaka yo guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi bw’abakozi hakurikijwe politiki ya Minisiteri;
  • Gucunga abakozi, ibikoresho n’imari bya Minisiteri.